Irushanwa ry'amagare ku rwego rwa Afrika mu Rwanda

Irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryo guhatanira ikamba rya Afrika ryatangiye uno munsi mu gihugu cy'u Rwanda.
Amakipe y'ibihugu 22 bya Afrika ahatanira iryo kamba rikomeye kurusha ayandi ku mugabane wa Afrika.
Hari uguhatana hagati y'amakipe y'ibihugu ndetse no guhatana hagati y'abatwara amagare buri wese ku giti cye.

Mu masaha ya mugitondo ikipe y'u Rwanda y'abagore ikaba yegukanye umudari wa zahabu mu batarengeje imyaka 18.
U Rwanda rwahatanaga n'ikipe y'igihugu cy'u Burundi aribyo bihugu byonyine bihagarariwe n'amakipe y'abakobwa muri icyo kigero.






