Kenya: Umuryango urashaka ibisubizo nyuma yuko mwenewabo warwaniraga Uburusiya yiciwe muri Ukraine

Ahavuye isanamu, Ukraine Defence Intelligence
- Umwanditsi, Basillioh Rukanga
- Yakoze inkuru ari, I Nairobi
- Igihe co gusoma: iminota 3
Umuryango wo muri Kenya urimo gushaka ibisubizo n'ubufasha bwo gutahukana umurambo wa mwenewabo (uwo bafitanye isano), wiciwe muri Ukraine ubwo yarwaniraga Uburusiya.
Clinton Nyapara Mogesa, wari ufite imyaka 29, mu ntangiriro yari yavuye muri Kenya mu 2024 agiye gukora muri Qatar, ariko nyuma yaho abwira benewabo ko yari arimo kujya mu Burusiya.
Ku wa gatandatu, abategetsi bo muri Ukraine batangaje ko yapfiriye mu gitero cy'abakurutu, aho Uburusiya bwohereza ku bwinshi abasirikare bashya batahawe imyitozo ihagije hagamijwe kurusha imbaraga abasirikare ba Ukraine hashingiwe ku mubare munini cyane wabo.
Ubwo buryo bw'Uburusiya bubamo gutakaza abasirikare benshi abandi bagakomereka.
Abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko Mogesa yapfiriye i Donetsk, mu burasirazuba bwa Ukraine, nyuma yo guhererwa akazi muri Qatar. Abo bategetsi bavuze ko abasirikare b'Uburusiya batatwaye umurambo we, ndetse ko yari afite inyandiko z'inzira (pasiporo) z'abandi Banya-Kenya babiri.
Apfuye mu gihe umuhangayiko ukomeje kwiyongera bijyanye n'Abanya-Kenya bahabwa akazi ko kurwana mu ntambara muri Ukraine.
Vincent Okemwa, mubyara wa Mogesa, yavuze ko batabyemeraga ubwo bamenyeshwaga iby'urupfu rwe. Yavuze ko ayo makuru yabanje kumenyeshwa umuvandimwe wa Mogesa abibwiwe n'uwo bakoranye wari ufite mwenewabo ukora mu Burusiya, nyuma ayo makuru aza gutangazwa ku mugaragaro.
Yabwiye ikiganiro Newsday cya BBC ko Mogesa yari yabibamenyesheje ubwo yajyaga mu Burusiya avuye muri Qatar, ndetse ko bavuganaga ubwo yari ari mu mahugurwa mu Burusiya yamaze ibyumweru bitatu.
Ariko uwo muryango we yavuze ko nyuma y'ayo mahugurwa batongeye kumenya ibye, kuko inshuro ya nyuma bavuganye hari ku itariki ya 28 Ukwakira (10) mu mwaka wa 2025.
Okemwa yabwiye BBC ko nyuma y'urupfu rwe, umuryango wa Mogesa ubu uriho mu "buryo bubabaje". Yavuze ko se wa Mogesa yari yaragurishije isambu kugira ngo uwo muhungu we ashobore kubona amafaranga y'itike y'urugendo imujyana muri Qatar ndetse ko uwo muhungu ari we umuryango we wari ufiteho icyizere cy'ubuzima bwiza.
Yagize ati: "Sinzi uko nabivuga, ariko ibintu ntibimeze neza."
"Yari afite gahunda nziza ku muryango [we] none ubu ibintu byose birasenyutse."
Okemwa avuga ko umuryango uri mu "mwijima wuzuye" kuko nta cyo barabwirwa n'abategetsi muri Kenya cyangwa mu Burusiya.
Joel Mogere, umuvandimwe we, yabwiye televiziyo Citizen TV yo muri Kenyaati: "Urupfu rwe rwaraduhungabanyije." Yavuze ko Mogesa yari we muhererezi ndetse ko ari we wari "ishingiro ry'imibereho n'icyizere cy'uyu muryango".
Nyina, Mellen Moraa, yavuze ko arwaye diyabete ndetse ko uwo muhungu we yajyaga amugurira imiti akanamwitaho. Yavuze ko ubu atazi uko ibintu bigiye kugenda.
Yongeyeho ati: "Ninginze leta ngo imfashe."
Mu kwezi gushize, leta ya Kenya yavuze ko Abanya-Kenya 18 barwaniraga Uburusiya batabawe bagatahukanwa.
Mu cyumweru gishize, umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Vocal Africa, wavuze ko wari urimo gukurikirana amakuru y'Abanya-Kenya nibura 18 bapfuye cyangwa baburiwe irengero. Uwo muryango wasabye leta kugenzura iyo mibare, wongeraho ko umubare wabo ushobora kuba ari munini kurushaho.
Leta ya Kenya ntiyemeje urupfu na rumwe rw'abaturage bayo biciwe muri Ukraine.
Mu Gushyingo (11) mu 2025, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Kenya yavuze ko Abanya-Kenya hafi 200 bazwi ko barwanira Uburusiya ndetse ko hari hakiriho ibikorwa byo kwinjiza abandi ngo bajye kurwanira Uburusiya.
Ibindi bihugu byo muri Afurika byatangaje ko urubyiruko rwabyo rurimo kwegerwa n'abarwizeza akazi gahemba amafaranga menshi mu Burusiya, bikarangira ahubwo rwinjijwe mu gisirikare.
Isuzuma ry'ubutasi bwa Ukraine rigereranya ko abantu barenga 1,400 bo mu bihugu 36 byo muri Afurika bahawe akazi ko kurwanira Uburusiya.
Mbere, Ukraine na yo yanenzwe kugerageza guha akazi abanyamahanga, barimo n'Abanyafurika, ngo barwane ku ruhande rwayo.
Mu gihe cyashize, Ukraine yakomeje kuburira ko buri muntu wese urwanira Uburusiya azafatwa nk'umurwanyi w'umwanzi, ivuga ko inzira itekanye ari uko bamanika amaboko bakishyikiriza Ukraine.
Ku wa gatandatu, ubutasi bwa Ukraine bwaburiye abanyamahanga kutajya mu Burusiya cyangwa ngo bemereakazi ko kujya gukorayo, by'umwihariko imirimo y'ibiraka cyangwa imirimo inyuranyije n'amategeko.
Ubwo butasi bwa Ukraine bwavuze ko kujya mu Burusiya "biteje ibyago bya nyabyo bwo gushyirwa ku gahato mu mitwe njya rugamba [y'ingabo] nta myitozo ihagije ndetse n'amahirwe macye yo kurokoka".













