Saif al-Islam Gaddafi: Yari muntu ki uyu mugabo wabonwaga nk'uzasimbura se?

Ahavuye isanamu, AFP
Igihe kimwe, Saif yafatwaga nka nimero ya kabiri inyuma ya se Colonel Mouammar Kadhafi, na nyuma ya se Said yari akibonwa n'abakumbuye Kadhafi nk'ushobora amaherezo kuzagera ku butegetsi, ariko ubu ntibigishobotse.
Saif al-Islam Kadhafi yaraye yiciwe mu mujyi wa Zintan wo mu burengerazuba bwa Libya mu gitero komando cyagabwe aho yari n'abantu bane, ku mpamvu zitaramenyekana.
Uyu mugabo wari ufite imyaka 53 – akaba umuhungu wa kabiri wa Mouammar Kadhafi – yabaga i Zintan kuva mu 2011. Aha ni ho yabanje gufungirwa, arekurwa mu 2017, nyuma atangira no kuhakorera politike.
Abdullah Othman umujyanama we mu bya politke hamwe n'umunyamategeko we Khaled el-Zaydi ni bo bemeje ko saif yishwe arasiwe mu busitani bwe "n'abagabo bane bipfutse mu maso" binjiye mu rugo rwe babanje gukuraho za 'camera' z'umutekano.
Mbere y'uko iki gihugu cyinjira mu myigaragambyo ikomeye n'intambara y'imbere mu gihugu mu 2011, nubwo nta mwanya w'ubutegetsi uzwi yari afite, Saif al-Islam yari umuntu wa kabiri ukomeye muri Libya.
Ku butegetsi bwa Khadafi, Saif yarezwe ibirego byinshi by'ubugome bukabije n'iyicarubozo ku batavugarumwe n'ubutegetsi bwa se. Mu ntangiriro za 2011 yari ku rutonde rw'abashinjwa ibyaha ndetse babujijwe ingendo mpuzamahanga.
Muri Werurwe(3) 2011 OTAN yatangiye ibitero kuri Libya nyuma y'uko ONU yemeye ko hakoreshwa "inzira zose zishoboka" mu kurengera abasivile imbere y'ingabo za Libya mu gihe cy'imyigaragambyo n'intambara y'imbere mu gihugu.
Muri Kamena(6) 2011, Saif yatangaje ko se ashaka gutegura amatora kandi yiteguye kuva ku butegetsi mu gihe yaba adatowe. Gusa, OTAN ibyo yarabyanze, ikomeza ibitero kuri Libya.

Ahavuye isanamu, AFP
Mu mpera z'uko kwezi, urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rwasohoye inyandiko zo guta muri yombi Saif, gusa yakomeje kubura nyuma y'urupfu rwa se n'umuvandimwe we Mutassim, biciwe i Sirte mu Ukwakira(10) 2011.
Saif yaje gufatwa mu Ugushyingo(11) n'imitwe yitwaje intwaro arimo kwihishahisha mu mujyi wa Zintan, yahise afungwa n'uwo mutwe.
Nyuma, urukiko rwa ICC rwamwifuzaga rwaje guha abategetsi ba Libya uburenganzira bwo kumuburanishiriza mu gihugu ku byaha by'intambara yashinjwaga gukora mu mvururu zo mu 2011.
ONU igereranya ko abantu bagera ku 15,000 bishwe mu mvururu n'intambara yakuyeho ubutegetsi bwa Khadafi. Abategetsi ba Libya bo bavuga ko hapfuye abantu bagera ku 30,000.
Abunganizi ba Saif mu mategeko bavugaga ko urubanza rwe rugamije kwihorera ko rutagamije ubutabera.
Mu 2014, mu gihe Libya yari yaracitsemo ubutegetsi bubiri, Saif al-Islam yagaragaye mu mashusho ari mu rukiko mu mujyi wa Zintan muri 160km mu majyepfo ashyira uburengerazuba uvuye i Tripoli.
Naho mu 2015 urukiko rw'i Tripoli, ahari ubundi butegetsi, rwo rwamukatiye igihano cy'urupfu adahari.
Gusa mu 2017, Saif yarekuwe na Abu Bakr as-Siddiq Battalion wagenzuraga umujyi wa Zintan, muri gahunda y'imbabazi zatanzwe n'ubutegetsi bwagenzuraga uburasirazuba bwa Libya, ubutegetsi butari bwemewe n'amahanga.
Saif amaze kurekurwa yakomeje kubaho yihishe kuko yari agishakishwa n'urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rutemeraga irekurwa rye.
Mu 2021 yabonetse mu kiganiro cy'imbonekarimwe yagiranye na New York Times aho yashinje abategetsi ba Libya ko "batinya amatora".
Avuga ku kutigaragaza kwe mu myaka hafi 10 yari ishize, yagize ati: "Ugomba kugaruka buhoro buhoro. Nk'umubyinnyi wo muri 'club'."
Mu Ugushyingo(11) 2021 nibwo bwa mbere mu myaka myinshi yari ishize yiyerekanye mu ruhame mu mujyi wa Sebha ubwo yatangaga inzandiko zo kwiyamamaza ngo abe perezida agamije kugarura umurage wa se ku bari bakumbuye ubutegetsi bwe.
Yabanje kwangirwa kwiyamamaza, nyuma aremererwa, ariko amatora ntiyaba kubera ibibazo by'urusobe bya politike ya Libya aho impande ebyiri zari zikomeje kumaranira ubutegetsi.

Ahavuye isanamu, AFP
Saif al-Islam, wize amashuri mu bihugu by'iburengerazuba yiyerekanaga nk'umutegetsi wahindura ibintu muri Libya.
Mu 2008 yabonye impamyabumenyi ya PhD muri London School of Economics mu Bwongereza aho yakoze ubushakashatsi ku ruhare rwa rubanda mu mavugurura y'ubutegetsi ku isi.
Ku gihe cy'ubutegetsi bwa se yari umuntu uvuga rikumvwa kandi yavugaga ko hakenewe amavugurura ya politike ndetse hagati ya 2000 na 2011 yari mu bantu bahuza Libya n'ibihugu by'iburengerazuba.
Ishuri yizeho rya London School of Economics ryamaganywe ku mubano ryagiranye n'ubutegetsi bwa Libya, by'umwihariko ku kwemerera Saif kuryigaho akaha inkunga ya miliyoni 2.4$ avuye mu kigo Gaddafi International Charity and Development Foundation ku munsi w'ibirori bye byo guhabwa 'PhD'.
Saif, wavugaga neza icyongereza, yagize uruhare mu biganiro ku ntwaro kirimbuzi hagati y'ubutegetsi bwa se n'ibihugu by'iburengerazuba, n'ibiganiro byo guha impozamarira imiryango yakozweho n'igitero cya Lockerbie, igitero ku nzu y'urubyiniro i Berlin, n'indege ya UTA 772 yaturikiye mu butayu bwa Sahara.
Yagize uruhare kandi mu biganiro byo kurekura abaganga batandatu – batanu bo muri Bulgaria – bari bafungiye muri Libya bashinjwa gutera abana amaraso arimo SIDA mu mpera z'imyaka ya 1990. Abo baganga bari bakatiwe gufungwa imyaka umunani mu 1999, bamaze kurekurwa bavuze ko bakorewe iyicarubozo ubwo bari bafunze.
Col Mouammar Khaddafi yari afite abana 10 – barimo babiri yareraga nk'abe – muri bo abahungu be batatu Moatassim Billah, Saif al-Arab Khadafi wari umusirikare, na Khamis Khadafi nawe wari umusirikare ari nawe wari umuhungu muto, ni bo bapfuye mu bihe byo guhirikwa kw'ubutegetsi bwa Khadafi.













