Ni ibihe bihugu bishyigikiye Iran mu ntambara irwana na Israel ifatanyije na Amerika?

Ahavuye isanamu, Getty Images
Isi isa n'aho yacitsemo ibice nyuma y'uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bateye Iran.
Nubwo ibihugu byinshi bikomeye byagaragaje ko byashyigikiye Isral na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari n'ibindi byashyigikiye Iran.
Hari kandi n'ibihugu byinshi bitagira aho bibogamiye, kandi byavuze kuri iyi ntambara byitonze, bisaba amahoro bitagaragaje ko hari uruhande bishyigikiye.
Abategetsi benshi ba Iran barishwe, barimo Ayatollah Ali Khamenei. Mu rwego rwo kwihorera, Iran nayo yibasiriye ibirindiro bya gisirikare bya Amerika mu burasirazuba bwo hagati.
Ibihugu byinshi ku isi byagaragaje impungenge zabyo.
Ubuhinde buravuga iki?

Ahavuye isanamu, Getty Images
Minisitiri w'Intebe w'Ubuhinde, Narendra Modi, yavuganye na Minisitiri w'Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kuri telefoni ku Cyumweru, maze baganira ku kibazo cy'intambara na Iran.
Nyuma Modi yanditse kuri X ati "Ubuhinde buhangayikishijwe n'ibyabaye vuba aha kandi umutekano w'abaturage babwo ugomba kubahwa."
Modi yanasabye ko imirwano ihagarara.
Modi yanaganiriye na Perezida wa Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu Sheikh Mohammed bin Zayed Al Nahyan.
Modi yamaganye igitero cyagabwe kuri Emirate anashimira Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan ku bw'umutekano w'Abahinde batuye muri icyo gihugu.
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'Ubuhinde yasohoye itangazo ku wa Gatandatu rivuga ko ihangayikishijwe n'ikibazo kiri mu karere ka ki kigobe cya perse (Gulf).
Iyo minisiteri yagize iti: "Ubuhinde buhangayikishijwe cyane n'ibiri kubera muri Iran no mu karere k'ikigobe, kandi turasaba impande zose kwitonda, gushyira imbere umutekano w'abaturage babo, no kwirinda gukomeza gukongeza imirwano."
Ubwongereza buvuga ko butazinjira mu ntambara

Ahavuye isanamu, X / Keir Starmer
Ubwongereza bwemeye ubusabe bwa Amerika bwo gukoresha ibirindiro bya gisirikare by'Ubwongereza mu kwirinda ibitero bya misile bya Iran, ariko ingabo z'icyo gihugu zitazinjira mu ntambara.
Minisitiri w'Intebe w'Ubwongereza, Keir Starmer, yatangaje ibyo, yongeraho ko bishingiye ku masomo yakuye mu ntambara ya Iraq, igihugu cye kitazagira uruhare mu gutera Iran .
Starmer yavuze ko yemeye icyifuzo cya Amerika kubera impamvu z'ubufatanye mu bya gisirikare.
Trump wari witeze gufashwa n'Ubwongereza yahise avuga Starmer "si [Wiston] Churchill" wategekaga Ubwongereza mu gihe cy'intambara ya kabiri y'isi kandi wafatanyije na Amerika mu ntambara.
Ibihugu by'Ubwongereza, Ubufaransa n'Ubudage byasohoye itangazo ryamagana ibikorwa bya Iran bijyanye n'ibitero byo mu burasirazuba bwo hagati.
Ibihugu by'i Burayi byayishyigikiye mu buhe buryo?

Ahavuye isanamu, Getty Images
Perezida w'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi, Ursula von der Leyen, yavuze ko Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi wamaze gufatira ibihano ubutegetsi bwa Iran.
Yagize ati: "Impande zose zigomba kugaragaza ubwitonzi kugira ngo zirinde ubuzima bw'abantu, kandi amategeko mpuzamahanga agomba kubahirizwa."
Ibiro bya Minisitiri w'Intebe w'Ubutaliyani, Giorgia Meloni, byavuze ko bishyigikiye abaturage ba Iran.
Minisitiri w'Intebe wa Australia Anthony Albanese yagize ati: "Dushyigikiye abaturage ba Iran, barimo kurwanya ihohoterwa."
Yongeyeho ko ashyigikiye n'ingamba za Amerika zo kubuza Iran kubona intwaro kirimbuzi.
Ibihugu by'Abarabu byaburiye Iran

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ibihugu bigize Akanama k'Ubufatanye mu Kigobe cya Persi (Gulf) byahuye ku Cyumweru kugira ngo biganire ku byangijwe n'ibitero bya Iran.
Aka kanama kavuze ko Iran yibasira uduce tw'abaturage n'ibikorwa remezo by'abaturage.
Ibyo bihugu byavuze ko Iran yishe amategeko mpuzamahanga birimo Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu, Bahrain, Arabiya Sawudite, Omani, Qatar na Kuwait.
Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara n'ishyirahamwe ry'ibihugu bigize akarere k'uburasirazuba bwo hagati ryasabaga Iran guhagarika ibitero, riburira ko bazakoresha imbaraga zose bafite kugira ngo barinde umutekano wabo.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yahakanye ibirego by'uko igihugu cye gifite umugambi wo kwibasira ibihugu bituranye.
Yabwiye Al Jazeera ati: "Ntituri gutera ibihugu duturanye byo mu kigobe, turimo kurasa ibirindiro bya Amerika biri muri ibi bihugu. Abaturanyi bagomba kugeza ibirego byabo ku batangije iyi ntambara."
Pakisitan yababajwe na Khamenei

Ahavuye isanamu, Getty Images
Minisitiri w'Intebe wa Pakisitan Shahbaz Sharif yavuze ko yihanganishije abanya-Iran k'urupfu rw'Umutegetsi w'Ikirenga wabo Ayatollah Ali Khamenei.
Shahbaz Sharif yanditse kurrubuga nkoranyambaga rwa X ati: "Guverinoma ya Pakisitan iri kumwe n'abaturage ba Iran muri iki gihe cy'agahinda, kandi ndabahumuriza ku rupfu rwa Ayatollah Sayyed Ali Khamenei wishwe."
Ubushinwa bushyigikiye Iran

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ubushinwa bwasohoye itangazo ryamagana ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran ndetse n'iyicwa rya Ayatollah Khamenei.
Ubushinwa bwavuze ko ibyo bitero binyuranyije n'intego n'amategeko y'Umuryango w'Abibumbye.
Minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'icyo gihugu yagize iti: "Ibitero kuri Iran, n'iyicwa ry'Umutegetsi w'Ikirenga, ni ukubangamira bikomeye ubusugire bwa Iran, ubwigenge n'umutekano.
Ubushinwa bwamaganye cyane ibi bitero."
Ubushinwa bwasabye kandi ko amahoro yasigasirwa.
Uburusiya bwamaganye Amerika

Ahavuye isanamu, Getty Images
Perezida Vladimir Putin w'Uburusiya ari mu bategetsi ba mbere bohereje ubutumwa bw'akababaro nyuma y'itangazo ry'urupfu rw'Umuyobozi w'Ikirenga wa Irani Ali Khamenei.
"Urupfu rwa Ali Khamenei n'umuryango we ni ubwicanyi bunyuranyije n'amahame ya muntu n'amategeko mpuzamahanga," ni ko ubutumwa bwe bwavugaga, nk'uko byatangajwe n'ibiro ntaramakuru TASS bya leta y'Uburusiya.










