Imvo n'imvano kw'itegeko rishya rigenga umuhanda mu Rwanda

Imvo n'imvano kw'itegeko rishya rigenga umuhanda mu Rwanda

Ikiganiro Imvo n'imvano cyacu uyu munsi kuwa gatandatu tariki 7 z'ukwezi kwa gatatu umwaka wa 2026 turavuga ku itegeko rishya rigenga umuhanda mu Rwanda.

Ni itegeko ryamaze kwemezwa n'inteko nshingamategeko y'u Rwanda ariko ritegereje gushyirwaho umukono n'Umukuru w'igihugu rikabona gutangira gukurikizwa.

Ni itegeko risimbura iryari rimaze imyaka 38. Leta ivuga ko itegeko rishya rije kuziba ibyuho byari bihari kandi by'igihe kirekire nk'ibijyanye n'ikoranabunga rigezweho ririmo indege zitagira abapilote na za camera bisigaye bikoreshwa mu gutahura amakosa no kunoza umutekano wo mu muhanda.

Ni itegeko ryakuruye impaka zitari nkeya-hari ababona ko itegeko rishya ririmo ibihano bikarishye cyane cyane ku batwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha babona ko bahanishwa ibihano byinshi.

Abantu bakomeje kugaragaza impungenge zo gufungwa, gufatirwa kw' imodoka ndetse no gucibwa amande mu gihe umuntu asanzwemo igipimo kiri hejuru cy'ibisindisha.

Ariko Leta isobanura ko ku cyaha kijyana umuntu mu rukiko umucamanza afite uburenganzira bwo guhitamo kimwe mu bihano biteganywa n'itegeko cyangwa kubitanga byombi. Leta kandi isobanura impamvu zitandukanye zishobora gutuma ikinyabiziga gifatirwa-

Ministeri y'ibikorwa remezo Ivuga ko ahashyizwe ibihano biremereye birimo igifungo kitari munsi y'amezi 3 ari ku batwara ibinyabiziga bitwara abantu benshi, imizigo cyangwa taxi, ariko byumwihariko utwaye ikinyabiziga wanze guhagarara mu gihe abisabwe n'ubifiteye ububasha ngo kuko "aba akoze impurirane y'ibyaha byinshi umuhagaritse adafitiye igisubizo".

Ese ni he amahirwe y'uwafashwe yo kwiregura arangirira kandi nihe ubutabera butangirira iyo utwaye ikinyabiziga atemeranywa n'igipimo cy'ibisindisha? Turabyumva muri iki kiganiro mwateguriwe na Yves Bucyana.