Bizasaba iki kandi bizafata igihe kingana gute ngo Abanyarwanda bongere gutwara Tour yabo?

Umukinnyi w'igare Samuel Mushisha yambaye umupira w'umuhondo n'ikabutura y'umukara yarambuye amaboko yicaye kw'igare arimo kwishimira intsinzi

Ahavuye isanamu, Rwanda Ministry of Sports

Insiguro y'isanamu, Samuel Mugisha ni we munyarwanda uheruka gutwara Tour du Rwanda ya 2018
    • Umwanditsi, Samba Cyuzuzo
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Igihe co gusoma: iminota 5

Faustin Mparabanyi mu myaka ya za 1990

Abraham Ruhumuriza mu myaka ya 2000

Valens Ndayisenga hagati muri za 2010

Mu Rwanda, nibura buri myaka 10 habaga hari umukinnyi uri gushimisha Abanyarwanda bakurikira isiganwa rya Tour du Rwanda.

Kuva mu myaka umunani ishize ntibarongera kubona irindi zina nk'aya, kandi hashobora gushira indi myaka myinshi kugira ngo bizashoboke, nk'uko bivugwa n'abanyamakuru babiri b'inzobere mu mukino w'amagare baganiriye na BBC.

Kumva neza imiterere y'amasiganwa y'igare

Tariki 24 Gashyantare(2) 2019 ubwo Tour du Rwanda yakinwe bwa mbere yazamuwe ku rwego rwa 2.1 cyangwa se .1, byari ibyishimo mu Rwanda ko iri siganwa rigiye ku rwego rizajya rizamo amakipe y'ababigize umwuga, n'amakipe afatwa nk'akomeye ku migabane (continental teams).

Gusa ikiguzi cy'ibyo byishimo ni iyi myaka ishize nta rindi zina rizamuka nk'ariya twatangiye tuvuga.

U Rwanda rwari rwiteguye kwakira iri siganwa ryazamuye urwego, ariko benshi ntibari bazi ko rutari rwiteguye neza kuryegukana.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Kugira ngo wumve ibyahindutse bisaba kubanza kumenya iby'ibanze ku miterere y'amasiganwa yemewe n'impuzamashyirahamwe y'amagare ku isi (UCI), no kumva aho Tour du Rwanda yahoze n'aho igeze.

Union Cycliste Internationale (UCI) ishyira amasiganwa mu byiciro bine;

  • .UWT (WorldTour): Ni amasiganwa macye yo ku rwego rwo hejuru cyane mu bagabo n'abagore, menshi muri yo ni ayo mu bihugu by'i Burayi
  • .Pro (ProSeries): Ni icyiciro cya kabiri cy'amasiganwa y'ababigize umwuga cyatangiye mu 2020, cyiganjemo amasiganwa yo mu bihugu by'Iburayi na Aziya.
  • .1 (Class 1): Ni icyiciro cya gatatu cy'amasiganwa, ajyamo amakipe y'ababigize umwuga, amakipe amwe y'ibihugu n'amakipe akomeye ku migabane, ni cyo Tour du Rwanda yinjiyemo mu 2019.
  • .2 (Class 2): Nicyo cyiciro cyo hasi cy'amasiganwa yemewe na UCI, cyitabirwa n'amakipe aciriritse yo ku migabane, hamwe n'abatarabigize umwuga (semi-amateur).

Andi marushanwa ari munsi y'ibi byiciro bine ni ay'abakina ahanini byo gushaka impano no kuzizamura, hamwe no kwikundira igare (amateur).

Kuva itangiye mu 1988, Tour du Rwanda yari isiganwa ry'abakina byo kwishimisha, gushimisha abarireba, no gushaka impano z'abazi kunyonga, yari isiganwa 'amateur'.

Mu 2009 nibwo ibintu byatangiye guhinduka, iri siganwa ryinjiye muri cya cyiciro cyo hasi cya .2 (cyangwa se 2.2), abakinnyi n'amakipe akomeye batangira kuryitabira.

Mu gihe kuva 2002 kugera 2007 Abraham Ruhumuriza wenyine yatwaye iri siganwa inshuro eshanu, mu 2009 umunya-Maroc Adil Jelloul yahise araritwara.

Guhera icyo gihe, "byafashe imyaka itandatu kugira ngo Abanyarwanda bongere gutwara Tour du Rwanda", ni ko Thierry Kayishema, umwe mu banyamakuru bo mu Rwanda bakurikirana cyane amasiganwa y'amagare avuga.

Byabaye kandi umusaruro w'umushinga wa 'Team Rwanda' watangijwe n'umunyamerika Jonathan "Jock" Boyer watoranyije abasore b'ingimbi bamwe muri bo bari basanzwe ari abanyonzi ku mihanda mu Rwanda.

Ni ko Abanyarwanda babonye Valens Ndayisenga na bagenzi be batwaye iri siganwa hagati ya 2014 na 2018 mbere y'uko ibintu bihinduka nanone mu 2019.

Moïse Mugisha arimo kwishimira intsinzi imbere y'abandi banyonzi babiri b'abazungu

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Mu 2022 Moïse Mugisha yegukanye 'etape/stage' muri Tour du Rwanda, niwo musaruro mwiza Abanyarwanda bameze kugeraho muri iri siganwa kuva mu 2019

Kuva icyo gihe, "ubu imyaka ibaye irindwi nta 'maillot jaune' turabona. Ndetse igihe cyo gutegereza gishobora kwikuba kabiri ugereranyije n'igihe twategereje tumaze kugera kuri 2.2", niko Kayishema avuga.

Kuva mu 2019 Moïse Mugisha ni we wabashije gutwara agace (stage/etape) mu 2022 "nabwo kuri 'fair play'", nk'uko umunyamakuru w'inzobere mu by'amasiganwa y'amagare Habtom Weldeyowhannes abivuga.

Habtom umunya-Eritrea ukorera BBC Tigrinya, na we yatangiye kujya mu Rwanda gukurikirana Tour du Rwanda kuva mu 2019, aribuka ibyabaye mu 2022 Mugisha atwara iyo 'etape/stage'.

"Byari urebye kuri 'fair play' yakozwe na Sandy Dujardin na Alexander Geniez ba Total Energies ku musozi wa Canal Olympia (Rebero) baretse Mugisha ngo atsindire imbere ya Perezida we [Paul Kagame].

"Ni wo musaruro mwiza kuri 'maillot jaune' u Rwanda rumaze kubona kuva mu 2019".

Yongeraho ati: "Kuva iri siganwa ryazamura urwego, inzozi z'abankinnyi b'Abanyarwanda ubu zigarukira gusa nibura ku gutwara agace (stage)."

Iri siganwa ubu ryitabirwa n'abakinnyi "bakina amasiganwa akomeye, badakora amakosa kandi bafite impano iri hejuru", ni ko Kayishema avuga.

Bizasaba iki ngo Abanyarwanda bongere gutwara Tour yabo?

Kayishema na Habtom bahuriza ko bishobora gufata igihe kirekire, kandi bisaba gutegura impano mu buryo burambye.

"Hari project imaze imyaka itatu(3) yitwa Youth Racing-Cup, ibamo amasiganwa aba buri kwezi y'abana bari hagati y'imyaka 11 na 19, bari mu byiciro bitandatu kuva kuri 'pipilles' kugeza kuri 'junior' mu bahungu n'abakobwa"

Ibyo ni igisubizo kirambye Kayishema abona gishobora gutanga umusaruro mu myaka iri imbere.

Yongeraho ati: "Kugira ngo dutware Tour du Rwanda birasaba guca muri ibyo byiciro byose.

"Ntabwo ari kwakundi wabonaga Valens Ndayisenga anyonga i Rwamagana ukabona afite imbaraga akaza akaba yatwara Rour du Rwanda.

"Ubu abo dukeneye ni abantu batojwe kuva ari abana bakaba abanyamwuga."

Kayishema abona ko "nko muri 2030 Umunyarwanda ashobora gutwara iri siganwa kuko abarimo guca muri ariya masiganwa y'abana nibwo bazaba ari abakinnyi batyaye, bazi kunyonga, bazi gukata, bazi gusiganwa. Kandi babonye amasiganwa ahagije no hanze."

Yongeraho ati: "Iyo ni yo nzira iri 'scientifique' yo kuba Abanyarwanda bakongera gutwara 'maillot jaune' ya Tour du Rwanda".

Uyu mwaka ni nde uzayegukana?

Habtom avuga ko ikipe y'u Rwanda "niramuka ikinnye nk'uko yakinnye African Championship ya 2025 ishobora gutwara nka 'stage' imwe [muri Tour du Rwanda] uyu mwaka", yongeraho ati: "Ariko iracyari kure cyane ya 'maillot jaune'".

Habtom avuga ko ikipe y'u Rwanda ubu ibura umukinnyi umwe ukomeye n'abandi "nka bane bo kumukorera" - gusatira (attack) no kumurinda(defend) aho biri ngombwa kugira ngo abe ari we ubasha gutsinda.

Kayishema na Habtom bombi baha umunya-Eritrea Henok Mulubrhan amahirwe yo gutwara 'maillot jaune' ya Tour du Rwanda uyu mwaka.

Henok wegukanye iri siganwa mu 2023, ubu ari mu ikipe ya Eritrea aho azafashwa na Merhawi Kudus watwaye Tour du Rwanda ya 2019, na Nahom Zeray watwaye 'stage' ya gatandatu ya Tour du Rwanda 2025 n'abandi.

Ikipe y'u Rwanda uyu mwaka yo irasa n'iyubakiye kuri Shemu Nsengiyumva w'imyaka 28 ndetse n'ubunararibonye bwa Patrick Byukusenge.

Gusa, ifitemo na Shadrack Ufitimana w'imyaka 19, uwo Kayishema abona "nk'icyizere cy'ejo hazaza" kuko ari mu ba mbere baciye muri ya marushanwa y'abato urimo gukina Tour du Rwanda bwa mbere.