Amafoto n'ibyo wamenya ku bukwe bw'Igikomangoma Hussein cya Jordanie na Rajwa Al Saif

Ahavuye isanamu, Reuters
Ku nshuro ya mbere mu myaka hafi 30 ishize, uzaba Umwami wa Yordaniya yashyingiwe mu bukwe bw’agatangaza mu muhango wabaye tariki 01 Kamena. Ariko ibirori byo kwizihiza ubu bukwe bimaze hafi icyumweru biba muri iki gihugu.
Abami, abamikazi, n’ibikomangoma batandukanye bo ku isi bari batumiwe, hatumiwe kandi na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda wari kumwe n’umugore we.
Igikomangoma Hussein w’imyaka 28 – umuhungu mukuru w’Umwami Abdullah II n’Umwamikazi Rania – yarongoye Rajwa Khaled bin Musaed w’imyaka 29, umukobwa wo muri Arabia Saoudite.
Umuryango wa cyami wo muri Jordan/Jordanie, uzwi nka Hashemites, wategetse iki gihugu kuva mu 1921 – mbere nka ba emirs ubwo hitwaga Emirate of Transjordan hakolonijwe n’Ubwongereza na nyuma nk’abami bamaze kubona ubwigenge mu 1946.
Amateka yabo avuga ko aba-Hashemites bakomoka mu nzu ya Hashem yategetse umurwa wa Macca kuva mu kinyejana cya 10, kandi Umwami Abdullah II akomoka ku ntumwa y’Imana Muhammad.
Ni ibiki bizwi ku gikomangoma Hussein?

Ahavuye isanamu, Reuters
Igikomangoma Hussein afite ipeti rya kapiteni mu ngabo za Jordanie, kandi yize mu ishuri rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza ndetse na Georgetown University y’i Washington, DC.
Mu 2015, Hussein yabaye umuntu ukiri muto wa mbere uyoboye inama y’umutekano ya ONU yigaga uko urubyiruko rwahangana n’ubuhezanguni n’iterabwoba. Mu 2017 yafashe ijambo mu nama rusange ya ONU ndetse akunda guherekeza se mu ngendo za diplomasiya.
Hussein ubusanzwe ntabwo yari we ukurikiraho mu baragwa ingoma, ahubwo mu 2004 Umwami Abdullah yambuye uwo mwanya umuvandimwe we Igikomangoma Hamzah – wari uwa kabiri ku ngoma.
Mu 2001 Hamzah yari yatangaje video avuga ko afungiye mu nzu kubera kwamagana ruswa mu bategetsi ba Jordanie.
Ikinyamakuru Time Magazine kivuga ko umwaka ushize ubwami bwa Jordan bwasohoye ibaruwa buvuga ko ari iya Hamzah asaba imbabazi Umwami. Hamzah ni gacye cyane yabonetse muri rubanda kuva yagirana ibibazo na mukuru we.

Ahavuye isanamu, Reuters
Rajwa Al-Saif we ni nde?
Rajwa, umukobwa wo muri Arabia Saoudite, ni umwubatsi unategura imbata z'inyubako (architect), akaba umuhererezi w’umucuruzi wo muri Arabia Saoudite witwa Khalid bin Musaed.
Rajwa nawe afite ibisanira n’umuryango w’abami muri Arabia Saoudite biciye ku muryango wa nyina. Nyina wa Rajwa ni mubyara w’Igikomangoma Mohammed Bin Salman cya Saudi Arabia.
Yize muri Syracuse University i New York no muri Fashion Institute of Design and Merchandising i Los Angeles. Yakoze muri kompanyi y’ubwubatsi i Los Angeles mbere yo gusubira i Riyadh, umurwa mukuru wa Arabia Saoudite, nk’uko ikinyamakuru Time Magazine kibivuga.
We na Hussein batangaje urukundo rwabo muri Kanama(8) ishize, gusa si byinshi bizwi ku hantu bahuriye.
Ibirori by'ubukwe bimaze iminsi

Ahavuye isanamu, Reuters
Muri iki cyumweru urubyiruko ibihumbi muri Jordanie rwitabiriye igitaramo rutura cyiswe “Twishimiye Hussein”, muri 'stade' nkuru yo mu murwa mukuru Amman, igitaramo cyarimo abahanzi benshi bakomeye b’Abarabu.
Mu ijoro ry’umunsi ubanziriza ubukwe nyirizina, tariki 31 Gicurasi, abagabo barenga 4,000 batumiwe bitabiriye ibirori ibwami bijyanye n’umuco w’aba Hashemite iyo bafite ubukwe. Abo barimo abategetsi bakuru bose ba Jordan, abacuruzi bakomeye, abasirikare, n’abahagarariye imiryango yigenga muri icyo gihugu.
Ubukwe nyirizina bwa Kisilamu bwabaye ejo tariki 01 Kamena mu ngoro ya cyami ya Zahran Palace guhera saa kumi z’umugoroba ku isaha yaho, aho umugeni n’umukwe basinye amasezerano yo kubana bahagarariwe na ba se. Basomye kandi imirongo ya Korowani ijyanye n’umubano, maze bambikana impeta, imbere y’abatumirwa b’intoranywa bagera ku 100 gusa.

Ahavuye isanamu, Reuters
Ni bande bitabiriye uwo muhango?
Uwo muhango nyirizina w’ubukwe watumye abami, abamikazi n’ibikomangoma bo ku isi bajya muri iki gihugu.
Mu bitabiriye harimo Umwami Sultan Abdullah wa Malaysia, abahoze ari Umwami Juan Carlos I n’Umwamikazi Sofía ba Espagne, Umwami n’Umwamikazi b’Ubuholandi, Igikomangoma n’igikomangomakazi Mary ba Denmark, Igikomangomakazi Victoria cya Sweden, Igikomangoma Sébastien cya Luxembourg, Igikomangoma William n’umugore we Kate b’Ubwongereza, Igikomangoma Takamado n’umukobwa we bo mu Buyapani, hari kandi Jill Biden, umugore wa Perezida Biden wa Amerika, n'umukobwa wabo Ashley Biden.
Hari kandi Sheikh Khaled bin Mohamed, Igikomangoma cya Abu Dhabi, wari uhagarariye UAE, Igikomangoma cya Oman, Igikomangoma Mishal cya Kuwait, Perezida wa Iraq, n’abategetsi bo muri Pakistan, Misiri, Liban n’ahandi, nk’uko bivugwa na Time Magazine.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda n’umugore we Jeannette Kagame nabo bari mu bitabiriye ubu bukwe, Jordanie n’u Rwanda mu ntangiriro z’uyu mwaka byagiranye amasezerano atandukanye yo gukorana, abategetsi b’ibi bihugu bumvikanye kandi gufata ingamba zo gukuraho gusaba 'visa' ku baturage b’ibihugu byombi.

Ahavuye isanamu, Village Urugwiro

Ahavuye isanamu, Village Urugwiro

Ahavuye isanamu, Reuters

Ahavuye isanamu, Reuters

Ahavuye isanamu, Reuters
Amafoto akoreshwa bitangiwe uruhushya.










