Inyeshyamba z'aba Houthi "zarashweho" n'ingabo z'amahanga

Ahavuye isanamu, STRINGER
Amakuru aturuka mu murwa mukuru wa Yemeni, Sanaa, aravuga ko ingabo z'amahanga zirangajwe imbere na Arabia Saudite zagabye ibitero ku birindiro by'inyeshyamba z'aba Houthi.
Birasa nkaho izi ngabo zirimo gufasha abashyigikiye Ali Abdullah Saleh wahoze ari perezida wa Yemeni.
Ibi bitero by'indege bigabwe nyuma y'iminsi ine y'imirwano ikaze hagati y'inyeshyamba z'aba Houthi n'abashyigikiye Saleh mu mujyi wa Sanaa kubera ko ihuriro ryabo ryavutsemo ibibazo.

Ahavuye isanamu, Reuters
Bwana Saleh avuga ko yiteguye kuganira n'ingabo ziyobowe na Arabia Saudite asanzwe arwana nazo niba zihagaritse kurasa ku baturage b'abasivile.
Urubuga rwa interineti rushyigikiwe n'inyeshyamba z'aba Houthi rwatangaje ko zarashe igisasu cya misile ku ruganda rw'ingufu za nucleaire rurimo kubakwa i Abu Dhabi ariko kugeza nta gihamya cyari cyaboneka ko koko icyo gisasu cyaharashwe.






