IKIBIRIRAHO, Iran yihoreye nyuma yuko ibitero by'Amerika byishe batanu mu bukwe – bivugwa n'ibitangazamakuru bya leta

Iran yagabye ibitero ku bigo bya gisirikare by'Amerika byo muri Iraq na Jordan, nkuko bitangazwa n'ibitangazamakuru bya leta ya Iran n'ingabo za Jordan.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Zelensky avuga ko indege zikwiye kwirinda guca mu kirere cy'Uburusiya mu gihe Ukraine yakajije umurego mu bitero bya 'drone'

    Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky ari mu kiganiro n'abanyamakuru i Kyiv, muri Ukraine, ahagaze imbere y'ibendera ry'ubururu n'umuhondo.

    Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Perezida Zelensky avuga ko "ikirere cy'Uburusiya kirimo guhinduka akaga mu buryo bwuzuye"

    Perezida wa Ukraine yabwiye kompanyi z'indege ko ikirere cy'Uburusiya kigiye "gufunga neza" mu gihe igihugu cye cyakajije umurego mu bitero by'indege nto z'intambara zitajyamo umupilote (drone).

    Perezida Volodymyr Zelensky yagize ati: "Turashaka kuburira buri kompanyi y'indege ikoresha ikirere cy'Uburusiya, buri kompanyi y'ubwishingizi, buri muntu ugikoresha ibibuga by'indege by'ingenzi by'Uburusiya: ikirere cy'Uburusiya kirimo guhinduka akaga mu buryo bwuzuye."

    Nyinshi muri kompanyi z'indege zitwara abagenzi zo mu burengerazuba bw'isi (Uburayi n'Amerika) ntizigikorera ingendo hejuru y'Uburusiya, nk'ingaruka yavuye ku gitero cy'Uburusiya kuri Ukraine gikomeje, ariko kompanyi z'indege zo mu bihugu nk'Ubushinwa ziracyahanyura.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Iran yihoreye nyuma yuko ibitero by'Amerika byishe batanu mu bukwe – bivugwa n'ibitangazamakuru bya leta

    Amato menshi ari mu Muhora wa Hormuz

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Amato aboneka mu Muhora Hormuz ku ruhande rwo muri Oman muri iki cyumweru

    Iran yagabye ibitero ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo muri Iraq no muri Jordan (Jordanie), nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya leta muri Iran hamwe n’ingabo za Jordan, nyuma yuko ingabo z’Amerika ku wa kabiri zisubukuye ibitero kuri Iran.

    Umuryango utabara imbabare wa Croissant-Rouge, ishami ryawo ryo muri Iran, wavuze ko igitero cya misile cy’Amerika cyishe abantu batanu, barimo umwana, ubwo ibisigazwa by’ibyuma bivuye kuri misile byituraga ku rugo rwari ruri kuberamo ibirori by’ubukwe i Sirik mu majyepfo ya Iran.

    Wongeyeho ko abantu barenga 50 bakomeretse.

    Bimwe mu biro bikuru by’ingabo z’Amerika (CENTCOM) byavuze ko ibyo bitero bikurikiye “ibitero biherutse kugeragezwa” n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran (IRGC) ku mato y’ubucuruzi mu Muhora wa Hormuz.

    Umutwe wa IRGC wavuze ko Amerika “izicuza” ibyo bitero. Kugeza mu gitondo cyo ku wa gatatu, uwo mutwe wari wamaze kohereza urukurikirane rwa misile zo mu bwoko bwa ‘ballistic’ ku kigo cy’abasirikare b’aba ‘Marine’ (barwanira mu mazi no ku butaka) cy’i Aqaba muri Jordan, mu kwihorera kuri icyo gitero cy’Amerika cy’i Sirik, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Tasnim byo muri Iran bigenzurwa na leta mu buryo bw’igice.

    Ingabo za Jordan zavuze ko zasamye misile ‘ballistic’ 13, 10 muri zo zikaba zashenywe, mu gihe eshatu zaguye mu duce twitaruye. Nta bantu bishwe cyangwa bakomerekejwe n'icyo gitero cya Iran.

    Mu yandi makuru, ingabo za Kuwait (Koweït) zavuze ko ubwirinzi bwazo bw’ikirere bwari burimo gusubiza ku bitero bya misile bya Iran mu gitondo cyo ku wa gatatu.

    Ibiturika byinshi byanatangajwe muri Bahrain nyuma y’ibitero bya Iran, nkuko bitangazwa n’ibitangazamakuru bya leta ya Iran.

    Ubwo ibitero by’Amerika byatangazwaga ku wa kabiri nyuma ya saa sita z’amanywa, Perezida w’Amerika Donald Trump yaburiye ko Iran izakubitwa nanone "cyane kandi ku kigero cyo hejuru cyane" niramuka yihoreye.

    Iki gitero gikurikiye ibitero by’Amerika kuri Iran, bya mbere bizwi by'Amerika guhera mu mpera ya Nyakanga (7) uyu mwaka, yagabye mbere yaho muri iki cyumweru, ubwo ingabo zayo zarasaga ku ntwaro ebyiri zohereza rokete ziri ku kirwa cya Larak mu Muhora wa Hormuz.

    Icyo gihe, Iran yihoreye irasa misile ku bibuga by’indege bya gisirikare by’Amerika muri Jordan ndetse yohereza indege nto y’intambara itajyamo umupilote (drone) kuri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.