Haller yashimangiye gukira kanseri ahesha Côte d'Ivoire igikombe cya CAN

Sébastien Haller mu gihe yavurwaga kanseri muri Borussia Dortmund, na nyuma afite igikombe cy’Afurika cy’ibihugu

Ahavuye isanamu, Seb Haller on X/Getty Images

Insiguro y'isanamu, Sébastien Haller, watangiye kuvurwa kanseri y'udusabo tw'intanga ngabo muri Nyakanga (7) mu 2022, muri iri rushanwa yatsinze ibitego bibiri by'ingenzi cyane afasha Côte d'Ivoire kwegukana igikombe cy'Afurika cy'ibihugu
    • Umwanditsi, Piers Edwards
    • Igikorwa, BBC Sport Africa

Nyuma gato yo gutsinda igitego cyahesheje Côte d'Ivoire imwe mu ntsinzi z'igikombe cy'Afurika cy'ibihugu zafatwaga nk'izidashobora kugerwaho na gato, Sébastien Haller yari arimo gutanga ikiganiro kuri televiziyo, byabaye ngombwa ko agihagarika ubwo yafatwaga n'ikiniga akarira.

Nyuma yo kumara igihe kirekire yihangana, iki cyabaye igihe aho urugendo rwe rurimo kubabara rw'imyaka ibiri akageza Inzovu za Côte d'Ivoire, nkuko ikipe y'igihugu yitwa, ku ntsinzi ikomeye, rwamukoze ku mutima bya nyabyo, nuko amarangamutima, birumvikana, aramurenga.

Kuko mu mwaka umwe urenga ni bwo uyu rutahizamu yagaragaje ko yatsinze irushanwa rye rya mbere rikomeye cyane, ubwo yongeraga gukina umupira w'amaguru nyuma y'amezi atandatu akize kanseri y'udusabo tw'intanga ngabo.

None ubu dore ngaha aho yari ari, iruhande rw'ikibuga Alassane Ouattara cy'i Abidjan, areba ibyishimo byinshi cyane nyuma yuko igitego cye gitumye Inzovu zitsinda Nigeria ibitego 2-1, zegukana igikombe cya gatatu cy'Afurika.

Haller yagize ati: "Twagize inzozi z'iki gihe inshuro nyinshi cyane.

"Twari twizeye kugera kuri aka kanya kandi nanone umukino ntiwari woroshye. Ibi byishimo byinshi turimo kubona ubu, ibirimo kuba mu gihugu, na bo barabikwiye. Rwose nizeye ko bizaba ingirakamaro ku bantu benshi."

Sébastien Haller na Perezida wa Côte d'Ivoire Alassane Ouattara

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Haller yashimiwe na Perezida wa Côte d'Ivoire Alassane Ouattara ubwo yari amaze gufata umudari we w'intsinzi

Igitego cye cy'intsinzi, ku mupira yari aherejwe na Simon Adingra akawukozaho n'ikirenge cy'iburyo, Haller yagitsinze hashize iminsi ine atsinze ikindi cyahesheje intsinzi igihugu cye, mu mukino wa kimwe cya kabiri bakinnye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Kolo Touré, wahoze akinira Côte d'Ivoire ndetse na Arsenal na Manchester City, yabwiye BBC Three ati: "Nishimiye cyane Haller.

"Yanyuze mu gihe kigoye ariko yakoreye ikipe ibintu udashobora kwiyumvisha. Ni umugabo wicisha bugufi, kandi ukorana umuhate ku bw'ikipe. Ni umuntu uba ushaka gufasha bagenzi be bakinana.

"Ndishimye cyane kuko yatsinze kiriya gitego - ni byiza cyane kuri we no ku gihugu."

Abakinnyi ba Côte d'Ivoire bishima bafite igikombe cy’Afurika cy’ibihugu, nyuma yo gutsinda Nigeria

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Emerse Faé (iburyo, wambaye umupira w'umweru) yatoje amakipe y'urubyiruko ya Nice, ndetse yari umwe mu bagize ikipe itabanza mu kibuga ya Clermont muri shampiyona ya Ligue 1 y'Ubufaransa, mbere yuko muri Gicurasi (5) mu 2022 aba umutoza wungirije wa Côte d'Ivoire, nyuma aba umutoza wayo Umufaransa Jean-Louis Gasset amaze kwirukanirwa muri iri rushanwa

Ariko, ahanini, byari binatangaje kuba yanashoboye kuba ari mu kibuga - nkuko yabivugiye mu kiganiro n'abanyamakuru umunsi umwe mbere y'uyu mukino wa nyuma.

Uyu mukinnyi w'imyaka 29 yagize ati: "Amezi 18 ashize yarangoye n'umuryango wanjye.

"Kubera ibyabaye mu mezi macye ashize, ni byiza cyane kuba ndi hano imbere yanyu."

 Sébastien Haller atsindira igitego Côte d'Ivoire mu mukino wa nyuma na Nigeria w’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu cya 2023

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Sébastien Haller atsindira Côte d'Ivoire igitego cyabaye icy'intsinzi, mu mukino wa nyuma na Nigeria w'igikombe cy'Afurika cy'ibihugu cya 2023, atungura umunyezamu ubwo yakozaga ikirenge ku mupira yari aherejwe na Simon Adingra
Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Nubwo bitari byitezwe ko Umunya-Côte d'Ivoire akwiye kuba avuga ku guhatana ku mukino wa nyuma kubera ko iyi kipe yari iri hafi gusezererwa mu matsinda, ariko ikaza gukomeza mu cyiciro cyo gukuranamo nk'ikipe ya gatatu nziza mu itsinda, ntibyari binitezwe kurushaho kuri Haller.

Mu ntangiriro ya Gashyantare (2) mu 2023 Haller yatsinze igitego cye cya mbere muri Borussia Dortmund bitera ibyishimo byinshi, ubwo bagenzi be bakinana bamwirundagaho mu myambaro yabo y'umuhondo.

Icyo gitego yagitsinze nyuma y'amezi umunani ageze muri iyo kipe yo mu Budage, ariko izo mbamutima nyinshi zari zitewe no kuba yarakize kanseri y'udusabo tw'intanga ngabo, kanseri bamusanzemo muri Nyakanga (7) mu 2022 - nyuma y'ibyumweru bibiri ageze muri Dortmund.

Mu mwaka ushize, Haller yabwiye BBC Sport ati: "Birumvikana, urabibona ko ari ikintu gikaze cyane kirimo kuba, ko ibintu byinshi bishobora guhinduka.

"Ariko muganga w'urwungano rw'inkari yamfashije kutagira ubwoba. Yavuze ko nshobora gukira neza..."