'M23 ntirasa ku basivile' - Willy Ngoma
'M23 ntirasa ku basivile' - Willy Ngoma
Umutwe wa M23 urwana n'ingabo za leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo mu burasirazuba bw'icyo gihugu, urahakana ibivugwa n'icyegeranyo gishya cy'umuryango mpuzamahanga urengera uburenganzira bw'ikiremwuntu ku isi - Human Rights Watch - gishinja ingabo z'u Rwanda n'umutwe wa M23 kuba bararashe inkambi z’abavanywe mu byabo n'intambara ndetse n'uturere dutuwe cyane hafi y'umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo muri uyu mwaka.
Kurikira ikiganiro umuvugizi wa M23/AFC, Lieutenant Colonel Will Ngoma, yahaye BBC, aho yavuze ko ari ukubaza ingabo za Congo FARDC, yemeza ko zikorana na FDLR.